Rulindo: Abafatanyabikorwa basabwe kugira uruhare mu kubaka umuryango utekanye
Rulindo: Abafatanyabikorwa basabwe kugira uruhare mu kubaka umuryango utekanye
Akarere ka Rulindo kasabye abitabiriye imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa bako, kugira uruhare mu kubaka umuryango utekanye, barwanya ubusinzi, amakimbirane, imirire mibi n’igwingira.
Ni ubutumwa bwagarutsweho n’umuyobozi w’Akarere ka Rulindo wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, bwana Rugerinyange Theoneste, ubwo yasozaga imurikabikorwa ry’iminsi Itatu ryitabiriwe n’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’ako Karere.
Yasabye abafatanyabikorwa kugira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda za Leta zigamije kubaka umuryango utekanye harimo kurwanya ubusinzi, amakimbirane yo mu Ngo n’imirire mibi n’igwingira mu bana.
Ati: “Turashima uruhare rwanyu mu iterambere ry’Igihugu, ariko n’ubwo bimeze bityo hari ahagikenewe umusanzu wanyu cyane cyane mu kubaka umuryango utekanye. Mugomba kudufasha kurwanya ubusinzi mu miryango, kurwanya amakimbirane yo mu ngo ndetse no kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana.”
Agaruka ku biyobyabwenge byugarije abakiri bato muri iki gihe yasabye buri wese guhagurukira kubirwanya kuko byangiza umuryango.
Ati: “Ibi nitubigeraho tuzaba turikubaka umuryango w’ejo hazaza utekanye. Bizafasha imiryango kubaho neza ifite isuku, ifite ibyo gutungisha abana ndetse ifite icyerekezo n’intego zo gufasha Igihugu gukomeza kwiyubaka.”
Iri murikabikorwa ryari rimaze iminsi itatu ribera mu Karere ka Rulindo ryari rifite Insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’abafatanyabikorwa mu kubaka umuryango utekanye.” Ryasojwe no gushimira abaryitabiriye
Yanditswe na Nkurunziza Bonaventure






