MINECOFIN yatangaje ko Ingengo y’imari ya 2024/2025 iziyongeraho 11.2% ugereranyije na 2023/2024

May 7, 2024 - 00:47
 0
MINECOFIN yatangaje ko Ingengo y’imari ya 2024/2025 iziyongeraho 11.2% ugereranyije na 2023/2024

MINECOFIN yatangaje ko Ingengo y’imari ya 2024/2025 iziyongeraho 11.2% ugereranyije na 2023/2024

May 7, 2024 - 00:47

Inama ihuriweho n’Imitwe yombi y’inteko kuri uyu Mbere yagejejweho na Minisitiri w’imari, Dr Uzziel Ndagijimana, imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari y’igihe giciriritse (Budget Framework Paper) hamwe n’imibare y’ikigereranyo cy’ingengo y’imari ya 2024/2025-2026/2027.

Minisitiri Ndagijimana yagaragwje ko amafaranga azakoreshwa mu mishinga y’iterambere no mu ishoramari rya Leta azagera kuri Miliyari 2,268.9 z’amafaranga y’u Rwanda bingana na 40% by’ingengo y’imari yose.

Ku bijyanye n’uburyo amafaranga azakoreshwa mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2024/2025, amafaranga ateganyijwe gukoreshwa mu ngengo y’imari isanzwe (azagera kuri Miliyari 3,421.2 z’amafaranga y’u Rwanda bingana na 60% by’ingengo y’imari yose.

Inkunga z’amahanga ziteganyijwe kugera kuri Miliyari 725.3 z’amafaranga y’u Rwanda bingana na 12.7% by’ingengo y’imari yose; naho inguzanyo z’amahanga zikazagera kuri Miliyari 1,318.1 z’amafaranga y’u Rwanda na 23.2% by’ingengo y’imari yose.

Amafaranga akomoka imbere mu gihugu azagera kuri Miliyari 3,414.4 z’amafaranga y’u Rwanda, bingana na 60% by’ingengo y’imari yose y’umwaka wa 2024/25. Ikaba ari intambwe ishimishije mu kwihaza ku ingengo y’imari.

Amafaranga ateganyijwe mu ngengo y’imari ya 2024/2025 azagera kuri Miliyari 5,690.1 z’amafaranga y’u Rwanda, akaba aziyongeraho agera kuri Miliyari 574.5 bingana na 11.2% ugereranyije na Miliyari 5,115.6 ari mu ngengo y’imari ivuguruye y’uyu mwaka wa 2023/2024.

T. David I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 784 525 501